Continental Postal Services of Hebland

Sierra Leone yakuyeho ikirego cy’ubugambanyi ku wahoze ari perezida kijyanye n’igerageza rya Coup d’État

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y’isanamu, Ernest Bai Koroma yabaga mu buhungiro muri Nigeria kuva muri Mutarama (1) mu 2024

Leta ya Sierra Leone yakuyeho ibirego, birimo n’icy’ubugambanyi, ku wahoze ari Perezida w’icyo gihugu Ernest Bai Koroma, watawe muri yombi bijyanye n’igerageza ryo guhirika ubutegetsi (Coup d’État) ryabaye mu myaka hafi itatu ishize.

Minisitiri ushinzwe gutangaza amakuru Chernor Bah yabwiye BBC ko ibyo birego byakuweho ku mpamvu z’ubuzima.

Koroma, w’imyaka 72, yakomeje guhakana avuga ko nta ruhare yagize muri iryo gerageza ryo guhirika ubutegetsi ryabaye mu Gushyingo (11) mu 2023, ubwo abagabo bitwaje imbunda biraraga mu bubiko bw’intwaro no mu magereza menshi, bakarekura imfungwa hafi 2,000.

Mu kuvuga ku ikurwaho ry’iyo dosiye, Koroma yavuze ku kuntu yakomeje kwizera ko “amahoro, ubutabera n’ubwiyunge buri gihe bigomba gutsinda ingorane”.

Mu itangazo yasohoye ku wa kabiri, Koroma yanashimiye Perezida wa Sierra Leone Julius Maada Bio, Perezida wa Nigeria Bola Tinubu n’umuryango w’ubukungu w’Afurika y’uburengerazuba (ECOWAS/CEDEAO) ku bw’ubufasha bwabo.

Credit: Source link

Leave A Reply

Your email address will not be published.