Amerika yarashe amato ya Iran y’ibikomoka kuri peteroli mu gihe Tehran yarashe ikigo cya gisirikare cy’Amerika muri Jordan
Ahavuye isanamu, EPA
Ingabo z’Amerika ku wa kabiri zarashe amato atanu ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli, bumwe burarohama, mu gusubiza ku kuba
Tehran yarashe ubwato bw’intambara bw’Amerika inshuro ebyiri, nkuko byatangajwe na bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika
(CENTCOM).
CENTCOM yongeyeho ko
amato ane ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli afitanye isano n’umutwe
wihariye wo mu ngabo za Iran witwa IRGC yo mu Kigobe
cya Oman na yo yarashwe, hamwe n’ubundi bwato bw’ibikomoka kuri peteroli bwari
buri hafi y’ikirwa cya Kharg, ahantu h’ingenzi habikwa ibikomoka kuri peteroli hari
ku nkombe ya Iran yo ku Kigobe.
Tehran yasubije igaba
ibitero by’ibisasu bya misile ku kigo cya gisirikare cy’Amerika cyo muri Jordan
(Jordanie), nubwo Jordan yavuze ko yahanuye 18 muri misile 20 za Iran ikoresheje
ubwirinzi bwayo bw’ikirere.
Ibitero byo
kwihimuranaho hagati y’ibyo bihugu bibiri byafashe indi ntera mu cyumweru
gishize, nyuma y’amezi arenga atandatu Amerika na Israel bigabye ibitero kuri
Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka.
Umuvugizi w’ingabo za
Jordan yavuze ko ebyiri muri misile Iran yarashe zerekeza kuri Jordan zaguye mu
duce tudatuwemo.
Nyuma yo kuburira ko uzagaba ibindi bitero
byo kwihorera, ku wa gatatu umutwe wa IRGC wavuze ko wagabye ibitero ku mato
abiri y’Amerika, amato umunani y’ibikomoka kuri peteroli n’amato 10 “atubarihiza
amategeko” yageragezaga kunyura mu muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe n’igitangazamakuru
cya leta ya Iran.
Ubu bushyamirane bwongeye kwiyongera nyuma
yuko Iran irashe ubwato bw’intambara bw’Amerika ikoresheje misile zo mu bwoko
bwa ‘ballistic’, CENTCOM ikaba yavuze ko “bwavuwemo neza” n’abari baburimo.
CENTCOM yongeyeho ko nta basirikare b’Amerika bagize icyo baba muri ibyo
bitero.
Mu gusubiza, Amerika
yavuze ko amato atanu ya Iran atwara ibikomoka kuri peteroli yarashwe n’Amerika yari “amwe mu itsinda ry’agaciro ka za miliyari nyinshi z’amadolari ritera
inkunga IRGC n’imitwe yitwaje intwaro ikoreshwa na yo yo mu karere”.